Perezida Kagame ari ku isonga mu bafitiwe icyizere n’abaturage mu Rwanda

Ishusho y’uko abaturage babona imiyoborere n’imitangire ya serivisi mu nzego zibegereye, igaragaza ko muri uyu mwaka wa 2019 Akarere ka Nyamagabe kazamutse.

Kavuye ku manota 59,6% kari kagize mu mwaka ushize wa 2018, ari na ko karere konyine ko mu Rwanda kari mu manota 50% kuko utundi twari muri za 60%, kagera kuri 67.49%. kiyongereyeho amanota 7.89%.

Mu Ntara y’Amajyepfo Nyamagabe iherereyemo, uturere twose twagize amanota abarirwa muri 60%, uretse aka Nyaruguru n’aka Kamonyi twagize muri 70%. Uretse ko na two tutagejeje kuri 75%.
Utundi turere twiyongereyeho amanota mu Majyepfo ni aka Ruhango kiyongereyeho 2.18% (yavuye kuri 66,5 igera kuri 68.68), aka Nyaruguru kiyongereyeho 1.33 (yavuye kuri 69 igera kuri 70.83), na Muhanga yazamutseho 0.37 (yavuye kuri 66.2 igira 69.57).

Muri rusange, abaturage bafitiye icyizere Perezida wa Repubulika y’u Rwanda n’inzego z’umutekano, ariko uko bishimiye serivisi z’ubuhinzi n’ubworozi byo biracyari hasi nk’uko bisobanurwa na Dr. Usta Kayitesi, umuyobozi w’Urwego rw’igihugu rw’Imiyborere (RGB).

Agira ati “Impuzandengo y’igihugu ubu iri kuri 70%, tugana kuri 90% muri 2024. Hari serivisi zayirenze [90%]: icyizere bafitiye Perezida wa Repubulika n’inzego z’umutekano.

Hari na serivisi zikiri hasi cyane, zituma tutagerayo neza zidashyizemo imbaraga, urugero serivisi z’ubuhinzi n’ubworozi ziri kuri 55. Ni cyo gipimo kiri hasi kandi kimaze imyaka kiri hasi”.

Abaturage bafitiye icyizere Kagame ku kigero kiri hejuru

@igicumbinews.co.rw