UEFA n’Ububiligi bamaganye icyemezo cya FIFA yafashe kubera igitutu cya Trump cyo gukuraho ikarita y’umutuku yari yahawe umukinnyi wa USA
Mu gihe amarushanwa y’Igikombe cy’Isi akomeje gukinwa, havutse impaka zikomeye hagati y’impuzamashyirahamwe ebyiri zikomeye ziyobora umupira w’amaguru ku Isi, nyuma y’uko Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru ku Isi (FIFA) rifashe icyemezo cyo guhagarika by’agateganyo igihano cyari cyafatiwe rutahizamu w’Ikipe y’Igihugu ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Folarin Balogun.
Iki cyemezo cyatumye Balogun yemererwa gukina umukino wa 1/8 cy’irangiza ikipe ya Amerika ihuramo n’Ububiligi, nubwo yari yarahawe ikarita itukura mu mukino wabanje wahuje Amerika na Bosnia-Herzegovina.
UEFA yavuze ko FIFA yarenze umurongo utagomba kurengwa
Mu itangazo yashyize ahagaragara, UEFA yavuze ko amategeko ari yo shingiro ry’amarushanwa arangwa n’ubutabera, ukuri n’umucyo, bityo ko kuyahindura hagati mu irushanwa bishobora gutesha agaciro irushanwa ryose.
UEFA yasobanuye ko ihagarikwa ry’umukino umwe rikurikira ikarita itukura ari itegeko rihita rikurikizwa, ridategereza ko hari urwego rubanza kubyemeza cyangwa ngo rugire ububasha bwo kurihindura.
Yongeyeho ko iri hame rimaze igihe kirekire riri mu mategeko agenga amarushanwa kandi ko ridakwiye guhindurwa hashingiwe ku bihe byihariye cyangwa ku muntu runaka, cyane cyane mu gihe abandi bakinnyi bahawe amakarita atukura muri iri rushanwa bo bubahirije ibihano byabo nta vangura.
Balogun yemerewe gukina nyuma yo koherezwa hanze
Balogun yari yahawe ikarita itukura mu mukino wahuje Amerika na Bosnia-Herzegovina wabaye ku wa 1 Nyakanga 2026.
Mu busanzwe, amategeko ateganya ko umukinnyi ubonye ikarita itukura ahita asiba umukino ukurikiyeho. Icyakora FIFA yatangaje ko yahagaritse ishyirwa mu bikorwa ry’icyo gihano, bituma Balogun yemererwa gukina umukino wa 1/8 cy’irangiza hagati y’Amerika n’Ububiligi.
Icyo cyemezo cyahise gitera impaka zikomeye mu nzego zitandukanye z’umupira w’amaguru.
UEFA ivuga ko icyizere cy’amategeko cyahungabanye
UEFA yavuze ko iyo amategeko atagifite ihame rimwe rikurikizwa kuri buri wese, ubunyangamugayo bw’irushanwa bushobora kujya mu bibazo.
Yagaragaje kandi ko icyemezo cya FIFA gishyizeho urugero rushya rushobora gutuma n’abandi bakinnyi cyangwa amakipe basaba gufatwa mu buryo bumwe igihe bazahura n’ibihano nk’ibyo.
Nk’uko UEFA ibivuga, ibyemezo bifatirwa mu marushanwa y’Igikombe cy’Isi bigira ingaruka zikomeye ku mupira w’amaguru ku rwego mpuzamahanga, bityo bikwiye gufatwa mu mucyo no hubahirizwa amategeko amwe kuri buri wese.
Mu gusoza itangazo ryayo, UEFA yavuze ko yatunguwe cyane n’icyo cyemezo, igisobanura nk’ikitigeze kibaho mbere kandi kidafite ishingiro rihamye.
Ububiligi bwajuririye iki cyemezo
Ikipe y’Igihugu y’Ububiligi, yagombaga guhura na Amerika muri 1/8 cy’irangiza, yatangaje ko yajuririye icyemezo cya FIFA cyo kwemerera Balogun gukina.
Abayobozi b’iyo kipe bavuga ko amategeko agomba kubahirizwa kimwe ku makipe yose kandi ko guhindura ibihano hagati mu marushanwa bishobora kugira ingaruka ku irushanwa ryose.
U Bwongereza na bwo bushobora gusaba gufatwa kimwe n’Amerika
Izo mpaka zanagize ingaruka ku Ikipe y’Igihugu y’u Bwongereza nyuma y’uko myugariro Jarell Quansah na we ahawe ikarita itukura.
Kubera ko Quansah ari umwe mu bakinnyi bake b’Ubwongereza bashobora gukina ku ruhande rw’iburyo mu bwugarizi, Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Bwongereza rishobora gusaba ko na we afatwa nk’uko Balogun yafashwe, niba FIFA ishaka gukomeza gukoresha ihame rimwe.
Icyemezo gikomeje guteza impaka
Abasesenguzi benshi mu mupira w’amaguru bavuga ko iki kibazo gishobora kuba kimwe mu bizasiga isura ikomeye kuri iri rushanwa, kuko gishyira ku munzani ihame ryo kubahiriza amategeko kimwe ku makipe yose.
Hari bamwe mu bayobozi b’umupira w’amaguru ku mugabane w’u Burayi banenze bikomeye icyemezo cya FIFA, bavuga ko gishobora kugabanya icyizere abafana, amakipe n’abakinnyi bafitiye uburyo amarushanwa mpuzamahanga acungwa.
Mu gihe hategerejwe umwanzuro ku bujurire bwatanzwe n’Ububiligi ndetse n’icyo FIFA izatangaza ku zindi manza zishobora kuvuka, impaka ku kubahiriza amategeko no kurinda ubunyangamugayo bw’amarushanwa zikomeje gufata intera mu mupira w’amaguru mpuzamahanga.
