Gen. Muhoozi Kainerugaba yagiranye ibiganiro n’ubuyobozi bwa Nation Media Group ku ifungwa ry’ibinyamakuru bine byabo

FB_IMG_1782900407510

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda (Chief of Defence Forces, (CDF), Gen. Muhoozi Kainerugaba, kuri uyu wa Gatatu, tariki ya 1 Nyakanga 2026, yagiranye ibiganiro n’ubuyobozi bwa Nation Media Group (NMG) i Entebbe, mu rwego rwo kuganira ku kibazo cy’ifungwa ry’ibitangazamakuru by’iki kigo birimo NTV Uganda, Daily Monitor, Spark TV na KFM, bimaze iminsi bidakora.

Amakuru yatangajwe na Gen. Muhoozi agaragaza ko iyo nama yabaye mu gihe hakomeje gutegerezwa umwanzuro w’inzego za Leta ku hazaza h’ibi bitangazamakuru, nyuma y’iperereza ryatumye ibikorwa byabyo bihagarikwa.

Iki kibazo cyatangiye ku wa 28 Kamena 2026, ubwo Nation Media Group yatangazaga ko ibikorwa by’ibitangazamakuru byayo muri Uganda byahungabanyijwe n’iperereza ryatangijwe n’inzego z’umutekano. Nyuma Gen Muhoozi aciye kuri X yavuze ko ariwe wabihagaritse.

Gusa Minisiteri ya ICT muri Uganda yo yavuze ko Iryo perereza ryari ryategetswe na Perezida wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni, rikaba rikirigukorwa ku bufatanye bw’Ingabo za Uganda (UPDF), Polisi ya Uganda n’izindi nzego z’umutekano.

Mu itangazo ryasohowe uwo munsi, Nation Media Group yavuze ko Guverinoma yasezeranyije ko izamenyesha abaturage ibyavuye muri iryo perereza igihe rizaba rirangiye. Icyakora, nta bisobanuro birambuye byahise bitangwa ku mpamvu nyakuri zatumye rifungwa.

Nyuma y’itangazo ry’iperereza, ibikorwa bya NTV Uganda, Daily Monitor, Spark TV na KFM byarahagaze, bituma ibyo bitangazamakuru bidakomeza gutangaza amakuru nk’ibisanzwe.

Ibyo bitangazamakuru ni bimwe mu bikurikirwa cyane muri Uganda, haba kuri televiziyo, radiyo no mu binyamakuru byandika, ku buryo guhagarara kwabyo byakuruye impaka n’impungenge mu bakurikirana ibijyanye n’itangazamakuru n’ubwisanzure bwo gutanga ibitekerezo.

Kuri uyu wa 1 Nyakanga 2026, Gen. Muhoozi Kainerugaba yatangaje ko yakiriye ubuyobozi bwa Nation Media Group i Entebbe kugira ngo baganire kuri iki kibazo.

Nubwo atatangaje amakuru arambuye ku byaganiriweho cyangwa imyanzuro yafatiwe muri iyo nama, kuba Umugaba Mukuru w’Ingabo ubwe yarahuye n’ubuyobozi bw’iki kigo cy’itangazamakuru bifatwa nk’ikimenyetso cy’uko iki kibazo kiri gukurikiranwa ku rwego rwo hejuru.

Kugeza ubu, nta tangazo riratangazwa rivuga niba ibyo bitangazamakuru byemerewe gusubukura ibikorwa byabyo cyangwa niba iperereza ryatangiye ku wa 28 Kamena 2026 ryarangiye.

Mu gihe ibiganiro hagati y’ubuyobozi bwa Nation Media Group n’inzego za Leta bikomeje, abakurikiranira hafi uru rwego bategereje kureba niba hazafatwa icyemezo cyo kongera gufungura NTV Uganda, Daily Monitor, Spark TV na KFM.

Guverinoma ya Uganda yari yaratangaje ko izashyira ahagaragara amakuru yuzuye nyuma yo gusoza iperereza. Kugeza ubu ariko, nta tangazo rishya riratangazwa risobanura igihe ibi bitangazamakuru bishobora kongera gukora cyangwa ibyavuye mu biganiro byabereye i Entebbe.