Umugabo yatorotse nyuma yo gutinga no gusambanya umwana w’imyaka 2
Polisi yo mu Karere ka Katete, mu Ntara y’Iburasirazuba muri Zambia, yatangiye gushakisha umugabo ukekwaho gusambanya no gutinga umwana w’umukobwa w’imyaka ibiri, wari umukobwa w’umugore we.
Uyu mugabo ukekwaho iki cyaha ni Frazer Banda, utuye mu gace ka Kawaza. Nk’uko byatangajwe n’Umuyobozi wa Polisi mu Ntara y’Iburasirazuba, Robertson Mweemba, ibyaha bikekwa ko byabaye mu gitondo cyo ku wa Kane, ubwo umugore wa Banda yari yagiye kuvoma.
Mweemba yavuze ko umugore yavuye mu rugo ahagana saa kumi n’imwe n’igice za mu gitondo, maze agaruka nyuma y’isaha imwe n’igice. Akigera mu rugo, yasanzeyo umwana akiri mu buriri ari kurira, aho yari ari kumwe n’umugabo we.
Uyu muyobozi wa Polisi yavuze ko umugore yabajije umugabo we icyatumye umwana arira, ariko ngo ntiyigeze amuha ibisobanuro bifatika.
Nyuma yaho, ubwo nyina w’umwana yamuteruraga kugira ngo amwambike, ngo yabonye ibimenyetso byatumye akeka ko umwana yaba yakorewe ihohoterwa rishingiye ku gitsina.
Nyina w’umwana yahise amenyesha nyirabukwe, amugira inama yo kujyana umwana kwa muganga kugira ngo asuzumwe.
Umwana yajyanywe kwa muganga, aho yakorewe isuzuma ry’ubuvuzi. Abakozi b’ubuzima bahise bagira inama umubyeyi yo kugeza ikibazo kuri Polisi.
Polisi yavuze ko nyuma y’isuzuma hatanzwe raporo y’ubuvuzi, maze hafungurwa dosiye y’iperereza ku byaha bikekwa ko byakorewe uwo mwana.
Kugeza ubu, Polisi iracyashakisha Frazer Banda kugira ngo imufate, imubaze ku byo akekwaho kandi hakomeze iperereza.
Abayobozi b’inzego z’umutekano bakunze gusaba abaturage gutanga amakuru ku byaha bikorerwa abana, cyane cyane ihohoterwa rishingiye ku gitsina, kugira ngo abakekwaho kubikora babashe kubazwa ibyo bakoze hakurikijwe amategeko.
