MONUSCO irashimira Afurika y’Epfo nyuma y’icyemezo cyo gukura abasirikare bayo muri RDC

image770x420cropped

Ubutumwa bwa Loni bushinzwe kugarura amahoro no kubungabunga umutekano muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (MONUSCO) bwatangaje ko bwamenyeshejwe ku mugaragaro icyemezo cya Leta ya Afurika y’Epfo cyo gukura abasirikare bayo bari bagifite uruhare muri ubu butumwa bwa Loni.

Afurika y’Epfo yari ifite abasirikare bagera kuri 700 bari mu ngabo za MONUSCO, bakaba bari mu bihugu byari bigifite umubare ufatika w’ingabo muri RDC mu rwego rwo gushyigikira ibikorwa byo kubungabunga amahoro no kurinda abasivili.

Iki cyemezo kije mu gihe MONUSCO iri mu cyiciro cyo guhindura no kugabanya ibikorwa byayo mu bice bimwe na bimwe by’igihugu, hashingiwe ku mabwiriza ya Loni n’ibiganiro byabayeho hagati ya Leta ya Congo n’abafatanyabikorwa mpuzamahanga.

Mu butumwa bwashyizwe ahagaragara i Kinshasa, MONUSCO yagaragaje ko ishimira cyane Leta n’abaturage ba Afurika y’Epfo ku ruhare rwabo rukomeye bagize mu bikorwa byo kubungabunga amahoro bya Loni mu gihe cy’imyaka myinshi. Ubu butumwa bwagaragaje ko Afurika y’Epfo yabaye umufatanyabikorwa w’ingenzi mu gufasha RDC mu bihe byari byugarijwe n’umutekano muke.

MONUSCO yavuze ko abasirikare ba Afurika y’Epfo, barimo abo mu ngabo zirwanira ku butaka n’abandi bari mu mitwe yihariye, bagaragaje ubwitange n’umurava mu kazi kabo, bakorera mu bihe bigoye cyane cyane mu Burasirazuba bwa Congo. Ibi bikorwa byagize uruhare mu kurinda abasivili no gushyigikira inzego za Leta mu bikorwa byo kugarura ituze.

Ubu butumwa bwa Loni kandi bwunamiye abasirikare ba Afurika y’Epfo bahasize ubuzima mu gihe bari mu nshingano zo kugarura amahoro muri RDC, buvuga ko igitambo cyabo kizahora cyibukwa nk’igice cy’ingenzi cy’amateka y’ubutumwa bwa Loni muri iki gihugu.

Nubwo Afurika y’Epfo ifashe icyemezo cyo gukurayo abasirikare bayo, MONUSCO yatangaje ko umubano n’imikoranire hagati y’impande zombi bizakomeza, cyane cyane mu bijyanye no gusangira ubunararibonye mu bikorwa byo kubungabunga amahoro no gushyigikira ingamba zigamije amahoro arambye n’umutekano w’akarere.

MONUSCO yanatangaje ko izakorana bya hafi n’Umunyamabanga Mukuru wa Loni n’abandi bafatanyabikorwa batandukanye kugira ngo igikorwa cyo gukura izi ngabo gikozwe mu mutekano usesuye, mu mucyo no mu buryo bubahiriza amahame mpuzamahanga agenga ibikorwa bya Loni, hagamijwe kwirinda icyuho cy’umutekano.

Iki cyemezo cya Afurika y’Epfo kije mu gihe impaka ku hazaza ha MONUSCO zikomeje gufata indi ntera muri RDC, aho hari abifuza ko ubu butumwa bugabanya cyangwa bugahagarika burundu ibikorwa byabwo, mu gihe abandi bagaragaza ko hakiri ibice byinshi bikomeje guhungabanywa n’umutekano muke.