Netanyahu yagaragaye mu mashusho aseka ibihuha byavugaga ko yishwe

markup_1000693109

Minisitiri w’Intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu, yashyize ahagaragara amashusho ku rubuga rwa X agamije guhakana ibihuha byari byakwirakwiye ku mbuga nkoranyambaga bivuga ko yaba yarishwe mu gitero cyagabwe na Iran.

Aya mashusho agaragaza Netanyahu ari muri café atumiza ikawa, anaseka ibyo bihuha byavugaga ko yaba yarapfuye. Mu mvugo ye yakoresheje ijambo rikoreshwa mu Giheburayo rigereranya umuntu “upfa ku kintu akunda cyane.”

Yagize ati: “Ndapfuye… ariko ni ku bwa kawa,” agaragaza ko ayo makuru ari ibinyoma. Yakomeje agira ati: “Mumenye ko ‘ndimo gupfa’ ku bw’abaturage banjye. Uko bari kwitwara muri ibi bihe biratangaje.”

Yerekanye intoki ze kugira ngo ahakane ibivugwa kuri AI

Mu mashusho, Netanyahu yanazamuye amaboko yombi ayereka kamera, yerekana intoki ze kugira ngo ahakane ibivugwaga ku mbuga nkoranyambaga ko amashusho ye ya vuba yaba yarakozwe hakoreshejwe ikoranabuhanga rya Artificial Intelligence (AI).

Hari abantu bari basangije amashusho yo mu kiganiro aherutse kugirana n’itangazamakuru bavuga ko asa n’ufite intoki esheshatu ku kuboko kumwe, ibintu byatumye bamwe bakeka ko amashusho ye yaba yarahimbwe.

Mu gusubiza ibyo bivugwa, Netanyahu yagize ati: “Murashaka kubara intoki zanjye? Ziri hano… n’aha. Murazibona? Ni nziza cyane.”

Yashimiye abaturage ba Israel anabasaba gukomeza kwitwararika

Mu butumwa bwe, Netanyahu yashimiye abaturage ba Israel uburyo bakomeje kwihangana mu gihe igihugu cyabo kiri mu ntambara.

Yagize ati: “Musohoke mufate akayaga, ariko mujye muba hafi y’ahantu mushobora kwihisha mu gihe cy’igitero. Uko mwihangana biduha imbaraga – jyewe, guverinoma, ingabo za Israel ndetse n’urwego rw’ubutasi rwa Mossad.”

Yakomeje avuga ko hari ibikorwa byinshi ingabo za Israel zikomeje gukora mu ibanga, ashimangira ko igihugu cye gikomeje kugaba ibitero bikomeye kuri Iran.

Netanyahu yagize ati: “Hari ibyo turimo gukora ntashobora kuvuga muri iki gihe. Ariko turimo gukubita Iran cyane, ndetse no uyu munsi.”

Yanibukije abaturage gukurikiza amabwiriza atangwa n’urwego rushinzwe kurinda abaturage mu bihe by’intambara rwa Israel Home Front Command ndetse n’abayobozi b’imijyi, cyane cyane ku bijyanye no kuba hafi y’ahantu hihishe mu gihe habaye igitero.

Iran yongeye kuvuga ko ishaka kwica Netanyahu

Ibi byose bibaye nyuma y’uko ingabo zidasanzwe za Iran zizwi nka Islamic Revolutionary Guard Corps zitangaje ko zizakomeza gushaka no kwica Netanyahu.

Mu itangazo ryashyizwe ahagaragara ku Cyumweru, izi ngabo zavuze ko niba Netanyahu akiriho, zizakomeza kumuhiga zikoresheje imbaraga zose.

Zagize ziti: “Niba uyu munyabyaha wica abana akiriho, tuzakomeza kumuhiga kandi tumwice dukoresheje imbaraga zose dufite.”

Intambara ya Israel na Iran imaze iminsi 16

Aya makuru aje mu gihe intambara hagati ya Israel na Iran imaze iminsi 16. Iyi ntambara yarushijeho gukara nyuma y’ibitero byahurijwe hamwe n’ingabo za Israel n’iza Leta Zunze Ubumwe za Amerika byagabwe kuri Iran mu kwezi gushize.

Ibyo bitero byahitanye Umuyobozi w’Ikirenga wa Iran, Ali Khamenei wari ufite imyaka 86, bikaba ari byo byateye Iran gutangiza ibitero byo kwihorera mu bice bitandukanye byo mu Burasirazuba bwo Hagati.

Nyuma y’aho, Iran yagabye ibitero kuri Israel ndetse no ku birindiro by’ingabo za Amerika biri mu bihugu byo mu Karere k’Ikigobe cya Persian. Ku rundi ruhande, Israel na Amerika na byo byakomeje kugaba ibitero ku ntego zitandukanye ziri ku butaka bwa Iran.

Raporo zitandukanye zigaragaza ko iyi ntambara imaze guhitana abantu barenga 2,000, aho benshi muri bo ari abaturage ba Iran.

Amerika yakajije ingufu za gisirikare mu karere

Ibiro bya gisirikare bya Amerika, United States Department of Defense (Pentagon), byatangaje ko ingabo za Amerika n’iza Israel zimaze kugaba ibitero ku ntego zirenga 15,000 ku butaka bwa Iran kuva iyi ntambara yatangira.

Amakuru yatangajwe n’itangazamakuru ryo muri Amerika anavuga ko Pentagon yohereje mu karere ubwato bwa gisirikare bwo mu bwoko bwa USS Tripoli (LHA-7) buherekejwe n’abasirikare ba Marines bagera ku 2,500.

Ibi byose bigaragaza ko intambara iri hagati ya Israel na Iran ishobora gukomeza gukaza umurego, mu gihe ibihugu byombi bikomeje kugaragaza ko bidashaka gusubira inyuma.