Minisitiri Dr. Utumatwishima yanenze Bad Rama ku magambo yavuze yibasira ubuyobozi bw’u Rwanda
Minisitiri w’Urubyiruko n’Ubuhanzi, Utumatwishima Jean Nepo Abdallah, yanenze bikomeye Mupende Ramadhan (Bad Rama), wamamaye mu gufasha abahanzi nyarwanda, nyuma y’amagambo yatangaje ku mbuga nkoranyambaga avuga ku buyobozi bw’u Rwanda.
Ibi byakurikiye ikiganiro uyu Bad Rama yakoreye kuri konti ye ya TikTok ari muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, aho yavuze amagambo akomeye anenga ubuyobozi bw’u Rwanda ndetse akagira n’ibyo ashinja abayobozi bakuru b’igihugu. Amwe mu magambo yavuze yagarutsweho cyane n’abakoresha imbuga nkoranyambaga, ndetse anateza impaka ndende mu baturage batandukanye.
Mu butumwa Minisitiri yanyujije ku rubuga rwa X (rwahoze ari Twitter) mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 23 Gashyantare 2026, yavuze ko yitegereje icyo kiganiro cyose, ariko agasanga amagambo menshi yatangajwe na Bad Rama adafite ishingiro kandi yuzuyemo ibinyoma.
Yagize ati: “Rubyiruko,
Mugire umunsi mwiza. Iriya Live (Tiktok) nanjye nayibonye. Ibinyoma no kubahuka Abayobozi bacu sibyo bikora politike. Si nayo nzira ikwiye yo kubona ibyangombwa muri West. Iyo ubikoze abaturage turakwamagana na Leta ikazakuduhera isomo. Twikomereze imihigo”.
Bad Rama ni umwe mu bantu bazwi mu myidagaduro yo mu Rwanda mu myaka yashize, aho yagiye afasha abahanzi batandukanye mu bijyanye n’ikorwa ry’indirimbo, amashusho ndetse n’imenyekanishabikorwa ryabo. Mu bihe bya vuba, yari amaze igihe atuye muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.
