Tanzania: Hashyizweho Guma mu rugo mu gihe kuri uyu munsi hari hateganyijwe imyigaragambyo
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri, imijyi minini ya Tanzaniya iri mu bwigunge budasanzwe, inzego z’umutekano zoherejwe mu mihanda hirya no hino mu rwego rwo gukumira imyigaragambyo yari yatangajwe n’abaturage, ariko Leta ikayamagana.
Ubuyobozi bwa Tanzaniya bwasabye abaturage kuguma mu rugo no kwizihiriza Umunsi w’Ubwigenge batavuye mu ngo zabo, mu gihe impungenge z’imyigaragambyo zashingiraga ku matora yo ku wa 29 Ukwakira agaragaza ko Perezida Samia Suluhu Hassan yegukanye intsinzi ku kigero kiri hejuru ya 98%.
Nyuma y’ayo matora, mu mijyi itandukanye hakurikiye iminsi itatu y’imvururu n’imyigaragambyo ikomeye, yasize abantu amagana bahasize ubuzima abandi basaga 2 000 bagafatwa bagafungwa. Abigaragambyaga bashinjwa gutwika imodoka, ibibuga by’amatora n’amapompo ya lisansi, basaba ko ibyavuye mu matora byateshwa agaciro.
Amashyaka atavuga rumwe n’ubutegetsi ndetse n’abaharanira uburenganzira bwa muntu bakomeje kuvuga ko amatora atabaye mu mucyo, bityo gutangaza intsinzi ya Perezida Hassan bikaba byarateje umwuka mubi ukomeje kubyutsa impaka muri sosiyete nyarwanda ya Tanzaniya.
Kuri uyu wa Kabiri mu gitondo, imodoka za polisi, amakamyo atwaye abapolisi n’itsinda ry’abapolisi bari kugenda n’maguru buzuye mu mijyi ya Dar es Salaam, Dodoma na Arusha.
Aho inzego z’umutekano zashyizwe ku bigo ngenderwaho ku rwego rw’igihugu birimo ibiro bya Perezida i Dar es Salaam no muri Dodoma, harinzwe ku buryo bw’umwihariko, hashyirwaho imipaka n’uburinzi bwiyongereye.
Mu duce tumwe na tumwe twa Dar es Salaam, uburyo bwo gutwara abantu mu buryo rusange bwahagaze burundu nyuma y’uko ba nyiri imodoka bahagaritse serivisi zabo bitewe n’ubwoba ko hashobora kongera guhura n’ibikorwa by’ihohoterwa nk’ibyabaye mu kwezi gushize.
Abasesenguzi bavuga ko umwuka uri mu gihugu ushobora gukomeza kuzamuka mu gihe nta busobanuro bwimbitse Leta itanga ku byavuye mu matora no ku bwicanyi bwabaye nyuma yayo.
Nubwo ubuyobozi bukomeje kuvuga ko byose biri ku murongo, abaharanira demokarasi n’uburenganzira bwa muntu bavuga ko icyuho hagati ya Leta n’abayitavuga rumwe gikomeje kwaguka, kandi gishobora gukomeza guhungabanya icyizere cy’abaturage mu mitunganyirize y’amatora n’umutekano muri rusange.
